KUBA MUBUZIMA BW’ISHIMIRWA N’IMANA

Описание к видео KUBA MUBUZIMA BW’ISHIMIRWA N’IMANA

Abantu bahinduka babi cyane
1.
Abantu batangiye kugwira mu isi babyara abakobwa,
2.
abana b’Imana bareba abakobwa b’abantu ari beza, barongoramo abo batoranyije bose.
3.
Uwiteka aravuga ati “Umwuka wanjye ntazahora aruhanya n’abantu iteka ryose, kuko ari abantu b’umubiri. Nuko rero iminsi yabo izaba imyaka ijana na makumyabiri.”
4.
Muri iyo minsi abantu barebare banini bari mu isi, no mu gihe cyo hanyuma, abana b’Imana bamaze kurongora abakobwa b’abantu babyarana na bo abana, ari bo za ntwari za kera zari ibirangirire.
5.
Kandi Uwiteka abona yuko ingeso z’abantu zari mbi cyane mu isi, kandi ko kwibwira kose imitima yabo itekereza ari kubi gusa iteka ryose.
6.
Uwiteka yicuza yuko yaremye abantu mu isi, bimutera agahinda mu mutima.
7.
Uwiteka aravuga ati “Nzarimbura abantu naremye, mbatsembe mu isi uhereye ku muntu n’inyamaswa n’amatungo n’ibikururuka n’inyoni n’ibisiga byo mu kirere, kuko nicujije yuko nabiremye.”
8.
Ariko Nowa agirira umugisha ku Uwiteka.
9.
Uru ni rwo rubyaro rwa Nowa. Nowa yari umukiranutsi, yatunganaga rwose mu gihe cye. Nowa yagendanaga n’Imana.
10.
Kandi yabyaye abahungu batatu, Shemu na Hamu na Yafeti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp
11.
Kandi isi yari yononekaye mu maso y’Imana, yuzuye urugomo.
12.
Imana ireba isi, ibona yuko yononekaye, kuko abafite umubiri bose bari bononnye ingeso zabo mu isi.

Комментарии

Информация по комментариям в разработке