Umunsi Perezida KABILA yihinduka u Rwanda rukamucanaho umuriro // Intambara ya 2 ya Congo

Описание к видео Umunsi Perezida KABILA yihinduka u Rwanda rukamucanaho umuriro // Intambara ya 2 ya Congo

INTAMBARA YA KABIRI YA CONGO
Mu kiganiro gishize Twagarutse byihariye ku Ntambara yiswe iya mbere ya Congo aho twakubwiye Urugamba rwose rwo Gukuraho Umunyagitugu Marchar Mobutu Sese Seko. Maze Kabila aba Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarsi ya Congo kuva ubwo hari mu kwa Gatanu mu 1997 mu buryo bwagutyse Intambara ya mbere ya Congo niyo yabaye Intandaro yiyakabiri kuko iyi ntambara mbere imaze kurangira biturutse kuri KABILA ubwe wasenye Umubano yahoze afitanye nabamugujeje kubutegetsi aribo u Rwanda na Uganda maze bahinduka abanzi bakomeye maze Yirukana ingabo z’u Rwanda kubutaka bwa Congo ndetse ntiyashyira mu bikorwa amasezerano yatumye rwo na Uganda bimufasha ahubwo arahindukira akorana n’imitwe yabashakaga guhungabanya Umutekano w’ibihugu byombi byumwihariko abacengezi bashakaga kugaruka gukomeza Jenoside .ubwo nawe yarakoze Ikosa nkiryo Mobutu yakoze .ibyo rero U Rwanda ntirwari kubyihanganira ngo rwicare rurebere ahubwo rwahise rufata Umwanzuro wo gutangiza Intambara kuri Kabila rurikumwe na Uganda mu kurwana ku Mutekano warwo maze Kabila nawe arumirwa abura ayo acira nayo amira maze atumiza ibindi bihugu byafurika ngo Bimutabare maze Iyi ntambara imara imyaka itanu yose.Iyi rero niyo yiswe Intambara ya Kabiri kuri Congo.iyi ni nayo yakozwemo igikorwa cya Gisikare cyamateka ahambaye mu Isi kiswe Operation Kitona nacyo nakubwiye mu biganiro byacu byahise .Ibyiyi ntambara kabiri kuri Congo rero nibyo ngiye kukubwira mu kiganiro cyacu Cyuyu munsi.iyi ni INTSINZI Tv.uwaguteguriye Iki kiganiro ni BIZIMANA Christian naho jye wagitunganije nkaba ngiye no kukikugezaho ndi ERIC SAFARI.Mbahaye Ikaze
Ubushize nsoza mvuga ku ntambara ya mbere ya Congo nashoreje Kubirori byateguwe na Perezida Laurent Desire KABILA agirango arahirire gutegeka Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo muri Stade ya Kamanyora .Uyu muhango witabiriwe n’abaperezida batandukanye barimo Pasteur BIZIMUNGU w’u Rwanda .Yoweli Kaguta MUSEVENI wa Uganda ; Edouardo DE SANTOS wa Angola. Petero BUYOYA w;u Burundi;Denis SASONGWESO wa Congo Brazaville n’abandi batandukanye ariko muri ibi birori ni naho byagaragariye ko Project ya Laurent Desire KABILA yo gutegeka Repubulika Iharanira ya Congo yaritangiye nabi kuko muri Stade ya Kamnyora hafi kimwe cya Gatatu cya Stade cyarimo Ubusa muri Stade ijyamo abantu ibihumbi 80 Nyamara kandi Kinshasa yari ituwe nabantu bagera kuri miliyoni 7 icyo gihe.
Kandi ubwo hanze aho ya stade hari abantu bigaragamya.Ibyo byari igitangaza rwose kubona umutegetsi warukiza abaturage yaraje kuyobora bari batangiye kumwamagana ataranayobora nyamara mbere y’iminsi mike barimo baririmba Ko ari umugabo wigitangaza umaze gucungura Congo mu gitugu cya Mobutu.icyo aya mashyaka yaharaniraga cyangwa cyari cyayarakaje nuko yumvaga niba Kabila akuyeho Mobutu yaragombaga kubegera bakumvikana NDETSE Bakemeranya Uko bagombaga gutegeka Igihugu mu buryo bumvikanyeho bose ariko Kabila yari yabihoreye .ibyo bafashe nkagasuzuguro byatumye bigaragambya.Batangira gushinja Kabira ko nawe ari Umunyagitugu usimbuye undi munyagitugu. Iyi myigaragambyo yari iyobowe na UDPS na Muzehe Etienne TSHISEKEDI
Mu kanya gato amaze kuba Perezida w’Igihugu abari barakoranye na Mobutu abari inshuti za Leta ya Habyarimana bakoranye nayo bakayishyigikira ntibishimiye kubona Laurent Desire KABILA n’U Rwanda ari inshuti bisihingiye kubwa serivisi yagatangaza kandi yakataraboneka rwari rwamuhaye yo kumufasha akagera kubutegetsi.
Inyandiko zimwe zigaragaza ko Abo bari barimo ibihugu bitandukanye byarimo Ubufaransa bashyize hamwe Imbaraga bakora Ibishoboka byose bereka KABILA ko abanyarwanda ntacyo bamufasha na gato ngo ibyo rero byiyongereyeho na Politiki y’amashyaka atandukanye y’Imbere mu gihugu yaratangiye kumucanaho Umuriro maze KABILA atangira gutekereza ko kwivana muri ibyo byose ari ukwibagirwa uwamufashishe agahereza amaboko abandi batazi uko yavuye muri Tanzania mu nzu yari yarahawe na Leta akagera I Kinshasa akicara mu ntebe iruta Izindi yo gutegeka Igihugu cy’Ubunini n’Ubukungu bwagatangaza mu Isi.

Комментарии

Информация по комментариям в разработке