Nari umujepe wa hafi wa Perezida Habyarimana || Umunsi araswa twari twajyanye: Rdt Cpl SENKERI

Описание к видео Nari umujepe wa hafi wa Perezida Habyarimana || Umunsi araswa twari twajyanye: Rdt Cpl SENKERI

Inkuru zose zivuga ku minota ya nyuma ya ‘Falcon 50’ ya Juvénal Habyarimana n’abari bayirimo, zitangirira mu nama i Dar es Salaam ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu, tariki 6 Mata 1994, zikongera gusimbukira i Kanombe ku mugoroba wo kuri iyo tariki ubwo indege yaraswaga, abari bayirimo bose bagapfa.

Amaperereza yarakozwe, inkiko zabyinjiyemo, ubushakashatsi bwarakozwe ariko ibimenyetso by’uburyo yahanuwemo byakomeje kuzamo igihu.

Icyakora, hari amakuru tutabwirwa neza, y’uko byagenze hagati yo gusoza inama yigaga ku ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Arusha no guhanurwa kw’indege.

Hari abavuga ko Habyarimana yabanje kugirwa inama yo kurara akabyanga, abavuga ko abapilote banze kwatsa indege akabotsa igitutu n’ibindi.

Nta wasobanura neza iby’uru rujijo kurusha Rtd Caporal Senkeri Salathiel wamaze imyaka 15 ari umurinzi wihariye wa Perezida Habyarimana.

Ni umwe mu bari baratoranyijwe kubera ubuhanga yari afite mu kurwana nta ntwaro, ukongeraho ubumenyi mu kurashisha imbunda ziremereye. Yari mu basirikare bihariye batandatu biriranywe na Habyarimana i Dar es Salaam.

Uyu musaza w’imyaka 64, yibereyeho ubuzima butuje mu Burengerazuba bw’u Rwanda mu Karere ka Rubavu. Ni umuhinzimworozi, akaba n’umujyanama w’ubuzima.

Ni umukirisitu ukomeye mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi, dore ko na mbere yo kumusura, yatwihanangirije kutaza ku ‘Isabato’ kuko tudashobora kumubona.

Nk’umwe mu biriwe i Dar es Salaam umunsi indege ya Habyarimana yahanurwaga, yadusobanuriye byinshi ku byo yibuka neza byabaye mbere y’uko ihaguruka.

Byagenze gute ngo usigare i Dar es Salaam?

Nari najyanye na Perezida Habyarimana ndi umurinzi we wa hafi (Garde du Corps). Njye nasigayeyo kubera ko indege yacu yari ibaye nto, kuko iy’Abarundi yari yagize ikibazo twimukira Abarundi bazana na Perezida dusigarayo gutyo. Ubwo hageze nijoro twumva ngo indege yahanutse bayirashe.

Twagumye i Dar es Salaam kugeza muri Nyakanga tariki ya 4 ubwo bavugaga ko tuza mu Rwanda. Twazanye na Air Cameroun, itugeza i Goma duhita twambuka mu Rwanda, tuhasanga Perezida Sindikubwabo n’abo bari kumwe.

Gisenyi twaharaye ijoro rimwe, duhita tujya i Cyangugu tuharara kabiri, Abafaransa bati ‘igihugu cyafashwe, niba mushaka kuba hano mube hano’. Bahise bafata icyemezo cy’uko twambuka Bukavu.

Bukavu wakomeje kurinda Sindikubwabo?

Yego ariko imibereho na Sindikubwabo iza kungora. Kubaho udahembwa, bamwe twabivuyemo. Twari nka batatu tuvamo twigira mu nkambi […] Nagize Imana nkubitana n’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda zari ziriyo, nzana na bo, ni ko naje hano muri iki gihugu.

Tugaruke inyuma gato, byagenze gute ngo ube mu baherekeza Perezida i Dar es Salaam?

Duherekeza Perezida twari abasirikare nka batandatu. Nitwe bagennye, twaje nk’abari mu kazi ka Leta.

Mwagiye mu ndege imwe na Perezida?

Oya twe twagiye mu ndege yakoranaga n’abamanuka mu mitaka i Kanombe ariko indege zombi zagiye zikurikiranye muri icyo gitondo, gusa Perezida twagiye mbere ye.

Mugezeyo wahawe izihe nshingano?

Njye nasigaye ku ndege. Nari ku ndege n’abapilote. No gutaha, indege y’Abarundi igira ikibazo nari ndi aho, byose narabibonye.

Perezida w’u Burundi yaje mbere y’uw’u Rwanda, agiye kwinjira mu ndege ye yanga kwaka, noneho Habyarimana aba araje ati ‘noneho tugende abasirikare nari kujyana na bo basigare, abawe aribo tujyana nitugera Kanombe mukomeze’.

Ubwo rero yuriye iyo ndege twebwe turasigara, Abarundi binjiramo. Ni bo baje baherekeje abo baperezida bombi.

Amakuru y’uko abapilote bingingiye Habyarimana kurara akabyanga ni yo?

Hari umupilote twari twicaranye ntibuka izina, yavugaga ko bashobora kubarasa, aravuga ngo nitubibwire protocole yayoborwaga na Major Mageza. Twabibwiye Major Mageza, Perezida Habyarimana aratsemba ati “Nibandasa bandase ndataha, nta kimbuza gutaha mu Rwanda.” Byari hagati ya saa Kumi na saa Kumi n’imwe z’umugoroba.

Habyarimana nta bwoba bw’uko yaraswa yari afite?

Sinari ndi mu mutima we ariko iyo bamubwiraga ibintu ntabwo yapfaga kubikurikiza ngo abyumve gutyo […] Habyarimana nta gihunga yagiraga. Bamubwiraga amakuru ahubwo akabasuzugura.

Ibihuha by’uko azicwa mu gisirikare ntabyo mwumvaga na mbere yo kujya i Dar es Salaam?

Twarabyumvaga. Baranabitubwiraga nk’abantu barindaga Perezida w’igihugu kiri mu ntambara. Ibyo twabyumvaga gutyo twe bakaduha amabwiriza y’uko dushobora kwitwara mu bihe nk’ibyo.

Uburyo bwo kumurinda bwarahindutse kuko haje Abafaransa, ni bo batangaga amasomo y’uko abantu bagomba kwitwara mu gihe nk’icyo.

Kuki Umugaba Mukuru w’Ingabo na Muganga wa Habyarimana banze kwinjira mu ndege?

Castar [Nsabimana Deogratias: Umugaba Mukuru] na Dr Akingeneye wavuraga Habyarimana babanje gusigara hasi noneho Perezida ageze mu ndege avamo ababuze. Ni bwo bwa mbere yari agiye mu ndege akavamo.

...

Комментарии

Информация по комментариям в разработке